U Rwanda rwijeje Banki y’isi ko nta mukene nyakujya ruzaba rufite muri 2020 Yanditswe ku itariki ya: 19-03-2013
Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete, ahererekanya impapuro z’amasezerano na Carolyn Turk uhagarariye Banki y’isi mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda ihagarariwe na Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yijeje Banki y’isi ko impano yayihaye ingana na miriyoni 50 z’amadolari y’Amerika yo kurwanya ubukene, izafasha kugera ku ntego yo kutagira umukene nyakujya mu Rwanda mu mwaka wa 2020. Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb.Claver Gatete yabitangaje mu muhango wo gusinya amasezerano y’impano ingana na miriyoni 50 z’amadolari u Rwanda rwahawe na Banki y’isi, ku wa kabiri tariki 19/03/2013. Amb. Gatete yagize ati: “Aya mafaranga azafasha muri bwa buryo busanzweho bwa VUP, ubudehe na SACCO, ku buryo mu mwaka wa 2020 nta bakene nyakujya tuzaba dufite mu Rwanda. Iyi nkunga iranafasha kugabanya ikinyuranyo hagati y’abakire n’abakene kiri ku kigero cya 0.49%”. Carolyn Turk, uyoboye Banki y’isi mu Rwanda we yashimiye Leta gahunda ifite zo kugabanya ubukene, hitawe cyane ku bagore n’urubyiruko. Ati “Twishimiye byimazeyo umusaruro ugaragazwa na gahunda zo kurwanya ubukene, aho abari abakene nyakujya bagera ku bihumbi 500, bamaze kugira icyo bigezaho, tukifuza ko bakomereza aho.” Banki y’isi yahaye impano Leta y’u Rwanda muri gahunda y’amasezerano ahwanye na miriyoni 100 ifitanye nayo mu kurwanya ubukene, cyane cyane mu bice by’icyaro. Mu mwaka ushize wa 2012 yari yatanze miriyoni 40, ubu itanze miriyoni 50, ikaba isigaje gutanga izindi miriyoni 10 mu mwaka utaha. Simon Kamuzinzi
gihe Zahabu twohereza ku isoko mpuzamahanga iba ari nkeya, ntabwo ishobora kugera kuri toniâ. Global Witness ivuga ko icyegeranyo yashyize ahagaragara ...
rw'urusobe rw'ibirunga byo ku isunzu rya Congo Nili. Aha hantu ... ikigo cy'Ubushakashatsi kizwi ku izina rya "Karisoke Research Center" cyashinzwe na Diana.
Inkongi z'umuriro mu Rwanda ntabwo ari umutego w'umwanzi nutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana, yagaragaje ko inkongi z'umuriro za hato na ...
Ingabo y'igihugu iyo ari yo yose ifite uruhare runini mu kubaka u Rwanda. 7.1. U Rwanda rw'amahoro. Intambara tumazemo imyaka itatu yatweretse akamaro ...
Ikindi ni uko abatuye mu Mijyi muri rusange ari bo bafite umubare munini w'abanduye iyo virusi ugereranyije n'abatuye mu bice by'icyaro, kuko mu mijyi ari ...
|by'uko M23 iri gutegura ibitero nta bwo ari igitangaza, kubera ko Paul Kagame ahe rwagorwa ye! Gutegekwa n'umuperezida utekereza nk'abana nabyo ni ...
Aug 3, 2010 - say they are not safe, except few fearless voices like ..... Watch that there was a lot of blood at the .... ing of nine Spanish Priests and the current ...
Kilometer- und Grenzstein, Trig-punkt. Ligne à haute tension, station de TSF. High hension cable, W/T station. Hochsponnungsleitung, Funkstelle. - BRUCKEN.
C1)Piston pump. JAX/no c2)Measurement of air volume y8/no. E' 7 #27 fi Ali (IT c3) Measurement of air mass Xes/no. C4) Measurement of air speed. IS/ no.
Mar 25, 2015 - bwije uko bukeye bakakubwira ko u Rwanda ari igihugu cya mbere muri Afurika abaturage bafite umudendezo(umutekano). (Gasana Anastase ...